Nyuma y’imyaka itandatu bigisha umuziki badafite ibyangombwa, ishuri rya ‘Balymus Training Center’ ryamaze guhabwa ibyangombwa biryemerera kwigisha by’igihe gito ‘short courses’ bagatanga impamyabumenyi yemewe na Leta.
Amakuru IGIHE yemerewe n’Uboboyozi bw’ ikigo cya Leta gishinzwe amashuri y’Imyuga nubumenyingiro (Rwanda TVET Board) ahamya ko Ishuri ‘Balymus Training Center’ ryabaye irya mbere ribonye ibyangombwa biryemerera gutanga amasomo y’igihe gito mu muziki ku buryo bwemewe.
Ibi bisobanuye ko abarisojemo bujuje ibisabwa bazajya bahabwa Impamyabumenyi n’Ikigo cya Leta gishinzwe amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (Rwanda TVET Board).
Kuba iri shuri riherereye mu Karere ka Kicukiro ari irya mbere ryigisha umuziki by’igihe gito rihawe ibyangombwa, ntabwo bivuze ko ariryo ryonyine riwigisha kuko hari benshi batanga amasomo ariko badatanga impamyabumenyi yemewe n’ikigo cya Leta gishinzwe amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (Rwanda TVET Board) bwabigarutseho.
Umuyobozi w’iri shuri, Bimenyimana Alphonse yabwiye IGIHE ko bemerewe gutanga amasomo y’igihe gito mu muziki nyuma y’uko babifashijwemo n’inzego za Leta zitandukanye zababaye hafi mu kuzuza ibisabwa birimo gutunganya imfashanyigisho.
Bimenyimana yavuze ko bashimira inzego zitandukanye za Leta zababaye hafi kugira ngo babashe kugera ku rwego rwo guhabwa ibyangombwa.
Ati “Turashimira inzego zose zatubaye hafi kugira ngo duhabwe ibyangombwa, ni ibigaragaza ko urubyiruko ruhabwa amahirwe mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.”
Bimenyimana ahamya ko abanyamuziki benshi bifuza kwihugura by’igihe gito bagorwaga no kutabona aho bihugurira kuko nta rindi shuri ryemewe ryatangaga aya masomo amara amezi atandatu.
Uretse abifuza kwihugura umuziki by’igihe gito iri shuri rifite umwihariko wo gutanga amasomo ku bakiri bato mu bihe by’ibiruhuko binini by’amasomo asanzwe, ibizwi nka ‘Summer music Camp’.
Bimenyimana yavuze ko bari gutekereza uko bashyiraho gahunda yihariye ku banyeshuri banyuze muri iri shuri mu bihe byahise bagiye bahabwa impamyabumenyi zitari zemewe n’Ikigo cya Leta gishinzwe amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (Rwanda TVET Board).
Source: igihe.com
3 Comments
Sodales nulla consectetuer sit, enim aliquam in non consectetuer, suspendisse eu sagittis ac placerat dolor mattis, urna elementum. Nibh pharetra fusce. In vivamus, sagittis dis nullam tortor pede leo, pede ipsum. Erat laoreet mollis in, magnis ac maecenas tristique vulputate luctus. Duis eros in. Arcu phasellus maecenas per eu, felis parturient urna magna urna id in. Massa vitae feugiat magna quis lorem tellus, arcu convallis morbi a imperdiet lorem phasellus, vel eu nec, maecenas quisque est suspendisse leo.
Volutpat semper integer nibh posuere sapien, volutpat a volutpat purus, suspendisse aliquet consectetuer mi dolor, faucibus nec ac suscipit. Fusce etiam. Morbi auctor tristique elit aenean rhoncus tempor, arcu sed eu. Suscipit at id rhoncus congue non in, justo rhoncus nam mi, tellus quisque mi, mauris ultrices eu mi et vitae orci, elementum suspendisse aenean. Augue vehicula, convallis adipiscing eleifend placerat eu interdum.
Ullamcorper lacus mi et erat, erat vestibulum leo amet suspendisse, ut lacus mattis, pellentesque blandit arcu nulla faucibus, sapien sociosqu eget. Ac lacus integer, tempus wisi nam sed, neque nulla varius eu nec, aenean nunc, aliquet suscipit senectus aenean turpis vel quidem. Magna nec urna at metus vestibulum egestas, eget mollis odio, erat natoque malesuada laoreet diam ipsum, praesent fermentum erat bibendum vitae enim.